Impamvu zitera ihungabana n’ibimenyetso byaryo

Yanditswe: 07-04-2016

Hari ubwo umuntu agira ihungabana,cyane cyane mu gihe cyo kunamira abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994,akagaragaza ibimenyetso bitandukanye ariko nk’uwo bari kumwe ntamenye neza ikibazo uwo muntu yagize cyangwa impamvu yabimuteye,niyo mpamvu tugiye kurebera hamwe zimwe mu mpamvu zishobora gutera umuntu ihungabana n’ibimenyetso bigaragaza uwahungabanye twifashishije inyandiko ikubiyemo ikiganiro kirambuye ku ihungabana cya komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside (CNLG).

1.Ingero zimwe na zimwe z’impamvu zitera ihungabana

- Gukomereka, gutemwa
- Kubona aho abantu bicwa cyangwa bakomeretswa
- Kwumva abantu batabaza cyangwa bavuza induru
- Guheka intumbi cyangwa abantu bakomeretse
- Kwihisha mu ntumbi
- Gufatwa kungufu
- Gusenyerwa, gutwikirwa
- Kwicirwa n’uwo uzi
- Guhunga, gutana n’abawe
- Guhatirwa ikibi utashoboraga kugikora
- Kwihakanwa n’uwo wizeraga
- Gushinyagurirwa n’ibindi bibi byinshi

Ibintu nk’ibyo bisiga mu mutwe w’umuntu urwibutso rushobora kuzamubabaza
ubuzima bwe bwose.

2.Ibimenyetso biranga uwahungabanye

Ibimenyetso biranga abahungabanye biri ukwinshi,bimwe muribyo ni ibi:

- Kurota ukanuye, bakakubona ugenda naho wibereye mu bindi,
- Guhora wikanga, ushiguka nkaho byabindi byabaye byongeye kugaruka,
- Gohorana ubwoba wikanga igiti n’isazi,
- Kubura ibitotsi cyangwa ugasinziranabi,
- Guhora utekereza ibyakubayeho,
- Gusubira inyuma: umwana akongera kwituma ku buriri, konka urutoki, kureka kuvuga,
- Kudashaka kurya, umwana akarya adashaka cyangwa akaryagagura,
- Kurwaragurika ntihagire akarwara kamucaho,
- Kurangara (ngo umwana ntacyumva, ntawamenya ibyo yiberamo,...),
- Guhorana agahinda
- abana bato bagahora barira nta mpamvu,
- Abana bato bakunda kwihambira ku bantu bakuru ntibabarekure ndetse n’abo batazi,
- Guhorana umushiha no kugira amahane, agasa n’udashaka umwegera cyangwa umuvugisha,
- Kunywa ibiyobyabwenge (inzoga, itabi, urumogi),
- Kutagira uwo yizera,
- Kutisukura, kuvuga amagambo menshi kandi aterekeranye.

Muri rusanga izi nizo mpamvu n’ibimenyetso biranga uwahungabanye kuburyo ushobora kureba umuntu ukamenya ko yagize ikibazo cy’ihungabana.
Byakuwe mu nyandiko ikubiyemo ikiganiro kirambuye ku ihungabana cya komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside yakorewe y’abatutsi.

NZIZA Paccy

IBITEKEREZO

  • To create paragraphs, just leave blank lines.